Posts

Showing posts with the label Instagram

UMUHANZI "YAMPANO " AKURIKIRANWEHO IBYAHA 07.

Image
Nyuma y’uko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rutangaje ko rwataye muri yombi Uworizagwira Florien uzwi nka Yampano mu muziki, ibyaha akurikiranyweho byageze kuri birindwi.  Inkuru dukesha ikinyamakuru IGIHE , Nuko ibyaha byavuye mu iperereza ry’ibanze nk’uko RIB yabitangaje. Birimo icyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, gukoresha ibikangisho, kwangiza ikintu cy’undi, kunywa ibiyobyabwenge, ubwinjiracyaha ku cyaha cy’ubwicanyi, gukoresha imvugo z’ivangura n’icy’ifungiranwa ry’umuntu bitemewe n’amategeko. Kugeza ubu Yampano afungiye kuri Sitasiyo ra RIB ya Kicukiro mu gihe dosiye ye iri gutunganywa ngo yoherezwe mu Bushinjacyaha. Uko ibyaha byakozwe Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yavuze ko nyuma y’uko bakiriye ikirego ku wa 11 Gicurasi 2026, iperereza ryahise ritangira. Ku ikubitiro ryagaragaje ko mu bihe bitandukanye Yampano yagiye akubita uwo yitaga umugore (ariko babana batarasezeranye) ndetse akamena na telefone ze, ndetse yamara gukora ibyo byose agahita...

ANDI MAHIRWE YO KWINJIRA MUNGABO ZA RDF UYUMWAKA 2026

Image
Ese nawewaba wifuza kwinjira mungabo  za RDF ugafatanya nabakurubawe kurinda urwakubyaye? Ntucikwe ! Italiki iregereje aho abifuza kwinjira mungabo z'u Rwanda RDF ndetse nabifuza kujya mumutwe w'Inkeragutabara Reserve Forces , bahawe ikaze muruyumwaka wa 2026.  Nkuko itangazo ryashyizwe ahagaragara nurwego rukuru rwa gisirikare rushinzwe abakozi J1 ,  Ubuyobozi bw' igabo z'u Rwanda RDF buramenyeshya abasore ninkumi Bose bujuje ibisabwa bifuza kwinjira mugisirikare cy'u Rwanda ko bakwihutira keiyandikisha muturere babarizwamo kumataliki yatangajwe nkuko muzakubisoma mu itangazo ryashyizwe ahagaragara. Published By :  🌍 AFRICAN CITIZEN1🌍 🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼🇷🇼 Twandikire kuri whatsapp:  +250787134914

IGICUMUCUMU, UMUTI KIMEZA IMANA YATWIHEREYE. DORE UMARO...

Image
Ku rubuga lavierebelle.org , bavuga ko ubushakashatsi bwakozwe ku gicumucumu bwagaragaje ko icyo kimera cyigiramo ubushobozi bwo kurinda abantu gukunda gufatwa n’ibintu byitwa imbwa ku mikaya (muscles), cyigirimo ubushobozi bwo kugabanya ububabare kandi kidatera ikinya (antinociceptive), cyigiramo ubushobozi bwo kurinda ububyimbe (anti-inflammatoire), ubwo gutuma isukari igabanuka mu maraso no kurinda diyabete(antidiabétiques), gifasha kandi mu kurwanya udukoko dutoya twa bagiteri dukunze gutera indwara, (antibactériennes). Igicumucumu kandi cyigiramo ubushobozi bwo kurinda uruhu rw’umuntu gusaza imburagihe, ubwo gukiza ibisebe, no korohereza abakobwa cyangwa abagore baribwa mu nda cyane mu gihe bari mu mihango, kikanafasha mu kurwanya ikibazo cyo kwituma impatwe(constipation). Mu Buhinde, indabo z’igicumucumu n’ipfundo ryacyo risohokamo indabo, byombi bikoreshwa mu miti itandukanye. Ivu, ifu y’imbuto z’igicumucumu n’indabo zacyo bikoreshwa mu kuvura ubushye, bakabisiga aho umuntu yahi...

MUSANZE_KINIGI: URUGOMO , NO GUTERA KACI BIKOMEJE KUBA AMAYOBERA

Image
Mukarere ka Musanze , mumurenge wa Kinigi , haramakuru akomeje gucicikana yabaye urujijo kuribenshi avugako abaturage baho bahangayikishijwe cyane nabantu binsoresore bitwikira amajoro bagatangira abantu bakabambura za Telefone,... Bakanakubitwa, aribyo bise gutera Kaci. Ubwo ayamakuru yamenyekanaga, umunyamakuru wa RMC freelancer, Mupenzi, usanzwe anafite izindi nshingano , yanyarukiye Murakagace ka Kinigi ahacumbika igihe kitarigito muburyo bwo gukurikirana neza amakuru atandukanye Murakagace. Yatangarije ikinyamakuru AFRICAN CITIZEN, ko URUGOMO NO GUTERA KACI Murakagace Koko bihari . Inzego zumutekano zikora ibishoboka ngozirwanye insoresore zikora urugomo mumajoro ariko ntibicika. Bamwe barafatwa bagafungwa ariko iyobafunguwe bongera gutera amakaci.  Abaturage bakaba bashishikarizwa cyane gukaza amarondo nogutangira amakuru kugihe ahabahari abakora benurworugomo kugirango bakomeze gukurikiranwa. Ikindi nuko haribamwe mubavuye mugipolisi birukanywe kubera imyitwarire idahwitse, ...

Nyakubahwa president Paul Kagame abaturage bamwishimiye cyane

Image
Kuriki cyumweru 1/5/2022 ubwo hizihizwaga umunsi wa CAR FREE DAY, Nyakubahwa President Paul Kagame, yagaragaye mumuhanda agenda asuhuza abaturage bavaga gusenga ndetse agenda abaganiriza cyane kuburyo wabonaga buriwese yamwishimiye cyane. Yarumunsi ushimishije cyane kuburyo burimuntu wabonaga yuzuye akanyamuneza kumutima abategarugori bavuzaga impundu ndetse urubyiruko abato nabakuru bamunezerewe cyane. Sylvestre Umunyamakuru wa AFRICAN CITIZEN www.africancitizen1.blogspot.com

DORE UMUNTU WAKINNYE FILIME YITWA YESU

Image
Amafoto ye uyasanga hirya no hino ku isi aho aba amanitse mu ngo, mu modoka z’Abakirisitu, abandi barayagendana no mu ma telephone yabo ndetse usanga yiganje cyane mu nzu z’abihaye Imana. Ikinyamakuru cyacu AFRICA NCITIZEN , kibagezaho iyi nkuru, nkuko cyayikurikiranye ndetse kikanayikesha ibindibinyamakuru byinshi nikorera kuriyi si, bigirabiti: Robert Powell , umukinnyi w’ ama filimi wavukiye mu Bwongereza kuwa 1 Kamena 1944. Yavutse kuri John Wilson Powell na Kathleen.Yavukiye mu muryango uciriritse kuko ise yari umukanishi, nyina nta kazi yagiraga. Amashuli ye yayatangiriye mu kigo cyitwa “Manchester grammar school”, aza kuyasoreza muri Royal College of Advanced Technology ahitwa i Salford. Kuva mu buto bwe, yakuranye inzozi zo kuzaba umunyamategeko ndetse yakinaga n’ imikinomyinshi itandukanye. Mu w’ 1964, yatangiye gukina ama filimi asetsa(comedy) ubwo yigaga muri kaminuza. Yagaragaye ku rwiyerekaniro bwa mbere mu w’ 1967. Ijwi rye ryamenyekanye cyane mu matangazo yamamaza yanyu...

INKOMOKO YINSIGAMIGANI " YAJE NKIYA GATERA "

Image
, ni bwo bagira ngo ‘Cyaje nk’iya Gatera!’ Wakomotse kuri Gatera w i  Uyu mugani bawuca iyo babonye ikintu kije kumuntu bitunguranye, nibwo bavuga ngo CYAJE NKIYA GATERA.   Umugabo GATERA yaratuye mubuganza  bwa ruguru ya Muhazi, agakunda abagore byamushajije. Umugore we bwite yari uw’i Bumbogo bwa Nkuzuzu mu Bwanacyambwe. Bukeye sebukwe wa Gatera ararwara araremba, bamutumaho n’umugore we babibamenyesha. Gatera ahaguruka iwe ajya kureba sebukwe, yambuka Muhazi, akomeza urugendo. Ageze i Gicaca ashaka kunywa agatabi. Areba ahantu hari agacucu arahicara atuma umuhungu bari kumwe ngo ajye kumutekerera. Uwo muhungu ajya gutekera itabi mu rugo rwari hafi y’aho bari bageze. Urwo rugo rwarimo umugeni umaze gutinyuka abantu ba hafi. Yari amaze kujya yirirwa mu nzu yarongorewemo, atakirirwa kwa nyirabukwe na sebukwe. Iyo nzu yarimo umuriro kuko bayicanagamo kugira ngo umuswa utazayirya. Uwo muhungu abonye akotsi kava muri ya nzu; agenda ariho agana. Inzu yari yase inkike ya ruguru, ifite n’igi...

RUBAVU: Police ifatanije ninzego zibanze batangiye igikorwa cyo kuvana mumihanda abana binzererezi mumugi wa Gisenyi

Image
Nkuko byatangajwe na police Yu Rwanda ikorera Rubavu, kurukuta rwa Twitter, biravugwako kubufatanye bwa police ninzego zibanze batangiye igikorwa cyo kuvana mumihanda abana binzererezi mumugi wa GISENYI. Ni ibikorwa bigamije gukumira bimwe mu byaha bikorwa n’abana bo mu muhanda aho ku ikubitiro, kuri uyu wa gatatu tariki 13 Mata, abagera kuri 56 barimo abana n’urubyiruko bakuwe mu mihanda yo mu bice bitandukanye by’umujyi wa Gisenyi. Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko iki gikorwa kigamije gushaka uko abana bato n'urubyiruko bakurwa mu mihanda bakigishwa uburyo bategura ejo hazaza heza, abageze mu gihe cyo kwiga bagasubiza mu ishuri abandi  bakibumbira mu makoperative kugira ngo babashe kwiteza imbere. Yagize ati: "Duhura n’uru rubyiruko, tukaganira nabo kugira ngo twumve impamvu zituma bajya mu mihanda, hanyuma tukanaganiriza ababyeyi babo tubibutsa akamaro ko kwita ku bana, bagahabwa uburere, ba...

SWAZILAND UMWAMI YATEGETSE KO BURI MUGABO AGOMBA KUGIRA ABAGORE BATANU YABYANGA AGAFUNGWA BURUNDU

Image
Mubwami bwa ESWATIN , UMWAMI Muswati III, Yategetseko buri mugabo agira abagore byibuze 5 yabyanga AGAFUNGWA BURUNDU. Iritangazo rije nyumayuko murikigihugu hagaragaye ikibazo cyabakobwa benshi cyane bakiri amasugi ndetse umubare munini wabatuye ikigihugu Ari abagore kuko ngo bashoborakuba bikubye inshuro 3 uwabagabo bigatuma babura ababarongora. UMWAMI akaba yavuzeko umugabo uzajya arongora abagore BATANU leta izajya yubakira inzu buri mugore . Uyu mwami Muswati III, bivugwako afite abagore 15 nabana 25 ariko nanone ise umubyara akaba yarafite abagore bagera kuri 79 nabana basaga 150. Yanditswe na : MUNYARUKUNDO Sylvestre Umunyamakuru wa AFRICAN CITIZEN