Posts

Showing posts from April 16, 2022

INKOMOKO YINSIGAMIGANI " YAJE NKIYA GATERA "

Image
, ni bwo bagira ngo ‘Cyaje nk’iya Gatera!’ Wakomotse kuri Gatera w i  Uyu mugani bawuca iyo babonye ikintu kije kumuntu bitunguranye, nibwo bavuga ngo CYAJE NKIYA GATERA.   Umugabo GATERA yaratuye mubuganza  bwa ruguru ya Muhazi, agakunda abagore byamushajije. Umugore we bwite yari uw’i Bumbogo bwa Nkuzuzu mu Bwanacyambwe. Bukeye sebukwe wa Gatera ararwara araremba, bamutumaho n’umugore we babibamenyesha. Gatera ahaguruka iwe ajya kureba sebukwe, yambuka Muhazi, akomeza urugendo. Ageze i Gicaca ashaka kunywa agatabi. Areba ahantu hari agacucu arahicara atuma umuhungu bari kumwe ngo ajye kumutekerera. Uwo muhungu ajya gutekera itabi mu rugo rwari hafi y’aho bari bageze. Urwo rugo rwarimo umugeni umaze gutinyuka abantu ba hafi. Yari amaze kujya yirirwa mu nzu yarongorewemo, atakirirwa kwa nyirabukwe na sebukwe. Iyo nzu yarimo umuriro kuko bayicanagamo kugira ngo umuswa utazayirya. Uwo muhungu abonye akotsi kava muri ya nzu; agenda ariho agana. Inzu yari yase inkike ya ruguru, ifite n’igi...

RUBAVU: Police ifatanije ninzego zibanze batangiye igikorwa cyo kuvana mumihanda abana binzererezi mumugi wa Gisenyi

Image
Nkuko byatangajwe na police Yu Rwanda ikorera Rubavu, kurukuta rwa Twitter, biravugwako kubufatanye bwa police ninzego zibanze batangiye igikorwa cyo kuvana mumihanda abana binzererezi mumugi wa GISENYI. Ni ibikorwa bigamije gukumira bimwe mu byaha bikorwa n’abana bo mu muhanda aho ku ikubitiro, kuri uyu wa gatatu tariki 13 Mata, abagera kuri 56 barimo abana n’urubyiruko bakuwe mu mihanda yo mu bice bitandukanye by’umujyi wa Gisenyi. Umuvugizi wa Polisi mu ntara y’Iburengerazuba, Superintendent of Police (SP) Bonaventure Twizere Karekezi, yavuze ko iki gikorwa kigamije gushaka uko abana bato n'urubyiruko bakurwa mu mihanda bakigishwa uburyo bategura ejo hazaza heza, abageze mu gihe cyo kwiga bagasubiza mu ishuri abandi  bakibumbira mu makoperative kugira ngo babashe kwiteza imbere. Yagize ati: "Duhura n’uru rubyiruko, tukaganira nabo kugira ngo twumve impamvu zituma bajya mu mihanda, hanyuma tukanaganiriza ababyeyi babo tubibutsa akamaro ko kwita ku bana, bagahabwa uburere, ba...